Victoire ushaka kuyobora u Rwanda ari kuburana ihanagurabusembwa

Ikirego Ingabire Victoire Umuhoza yagejeje mu Rukiko Rukuru cyatangiye kuburanishwa aho asaba guhanagurwaho ubusembwa. Ubushinjacyaha bwavuze ko kuva yafungwa atitwaye neza, bityo ko ubusabe bwe butahabwa agaciro.

Kuri uyu wa Gatatu nibwo Ingabire Umuhoza Victoire yatangiye kuburana mu Rukiko Rukuru, aho yatanze ikirego asaba guhanagurwaho ubusembwa.

Perezida w’Urukiko Rukuru yamuhaye ijambo, asobanura ko yanditse asaba gukurirwaho ubusembwa kuko yafunzwe nyuma yo gukatirwa n’Urukiko Rukuru rwa Kigali mu rubanza rwaciwe tariki ya 30 Ukwakira 2012.

Icyo gihe yahamijwe icyaha cy’ubugambanyi n’icyaha cyo gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi. Gusa mu 2018, yarekuwe ku mbabazi za Perezida Kagame.

Ati “ Mboneyeho gushimira Perezida Kagame iyo neza yangiriye kandi n’imbere y’Imana ntizibagirana.”

Yagaragaje ko ubwo yahabwaga imbabazi, yagiriwe inama y’uko agomba kwitwararika mu kutitesha amahirwe y’imbabazi yahawe na Perezida wa Repubulika.

Ibyo birimo kudasubira mu byaha yahaniwe, kurwanya ipfobya rya Jenoside n’ibindi.

Yavuze ko impamvu ashingiraho asaba guhanagurwaho ubusembwa, ari uko imyaka itanu iteganywa yageze, kandi impanuro yahawe n’Ubuyobozi bwa RCS yagerageje kuzikurikiza no kubyubahiriza.

Ibyo birimo guhura n’abayobozi baho yari atuye, kubana neza n’abandi, kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside yakorewe Abatutsi n’ibindi.

Ati “Nkaba numva ibyo bikorwa byose naragerageje kubikora. Kuba hashize imyaka itanu ndekuwe, kuba naragaragaje imyitwarire myiza ni yo mpamvu nsaba gukurirwaho ubusembwa.”

Umwunganizi we mu mategeko, Me Gatera Gashabana, yavuze ko harebwe ingingo z’amategeko zigaragaza ibigomba kuba byuzuye kugira ngo umuntu asabe ihanagurabusembwa.

Bimwe mu byari bikubiye mu iteka rya Perezida rimuha imbabazi, harimo aho yasabwaga ko mu gihe agiye kujya hanze agomba kubisabira uruhushya Minisitiri w’Ubutabera kandi ngo yarabyubahirije nubwo atigeze asubizwa.

Yagaragaje ko uwo yunganira yemeye kubaha ibyo yategekwaga nubwo yari afite umuryango we hanze y’igihugu kandi umugabo we yari arwaye ariko ntiyajya kumureba kuko yagombaga kubahiriza ibiteganywa n’ibikubiye mu iteka rya Perezida rimuha imbabazi.

Yavuze ko umuntu wakatiwe agahabwa imbabazi cyangwa agafungurwa ataba yarabaye igicibwa.

Ubushinjacyaha bwavuze ko usabye ihanagurwabusembwa wese adahita abyemererwa ahubwo bisaba ko uwafunguwe yaba yararanzwe n’imyitwarire myiza.

Busanga ihanagurabusembwa ridahita ritangwa kuko umushingamategeko yagaragaje ko urukiko rushobora kwemerera uwarisabye cyangwa ntirumwemerere.

Bwavuze ko hari impamvu zituma ubusabe bwa Ingabire Victoire budakwiye kwemerwa.

Zirimo ko mu gihe cyose yamaze ahawe imbabazi, atigeze yubahiriza ibyo yategekwaga muri iryo teka.

Ingingo ya kabiri y’iteka rimuha imbabazi, iteganyaga ko uwahawe imbabazi agomba kwiyereka ubushinjacyaha bw’ibanze bw’aho aba mu gihe cy’iminsi 15 no kumenyesha umudugudu n’akagari atuyemo, kwitaba Ubushinjacyaha bw’aho atuye rimwe mu kwezi, gusaba Minisitiri ufite ubutabera mu nshingano igihe cyose ashatse kujya mu mahanga.

Bwagaragaje ko ibyo yari yategetswe atigeze abyubahiriza, rutanga urugero ku bijyanye no kujya yitaba umushinjacyaha ku rwego rw’ibanze rw’aho atuye inshuro imwe mu kwezi.

Bwavuze ko mu 2020 kuva muri Nzeri kugeza mu Ukuboza, mu 2021 kuva muri Gicurasi kugera muri Kanama, mu 2022 mu Ugushyingo atigeze yitaba n’umwaka ushize mu kwezi kwa Werurwe na Ukuboza.

Ubushinjacyaha buvuga ko mu byo yitwazaga nk’impamvu yo kutitaba harimo ibihe bya Covid-19 nubwo atari byo.

Bwavuze ko hari amezi abantu batigeze bitaba ariko muri ayo mezi yagaragajwe ko atitabye ubushinjacyaha n’abandi bari mu cyiciro kimwe basinye bityo bikaba bidakwiye kwitirirwa Covid-19.

Ku bijyanye no kuvuga ko hari ubwo yitabaga ubushinjacyaha akibagirwa gusinya, nabyo bwavuze ko atari ukuri.

Nubwo Ingabire Victoire yari yagaragaje ko hari ubwo yibagirwaga kujyayo mu kwezi gukurikiyeho agasinya kabiri, Ubushinjacyaha bugaragaza ko bitaba ari byo kandi bidakwiye kugira igihindurwa ku biteganywa n’iteka rya Perezida wa Repubulika.

Bwavuze ko kandi imyitwarire ye atari myiza, kandi ko binyuranye n’ibyo yagaragaje byo gusura abarwayi cyangwa gukora umuganda.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *